MU KARERE HAGARAGARA ITERAMBERE NO MU MYUBAKIRE, AHO ABUBAKA BASABWA KUBAHIRIZA IGISHUSHANYOMBONERA

Inzu ziherereye mu mujyi wa Nyakarambi
Muri izi nzu zigeretse, za Etaje ziri mu Karere harimo iz’abantu ku giti cyabo, n’izubatswe ku bufatanye bw’abantu bihurije hamwe, inyinshi muri zo zikaba zikorerwamo ibikorwa by’ubucuruzi
Imwe mu nzu zigeretse iherereye mu mujyi wa Nyakarambi
Hoteli ya East Gate- Kirehe
Imwe mu nzu ikiri kubakwa iri hafi kuzura
Mu isantere ya Rwanteru mu Murenge wa Kigina naho huzuye inzu igeretse 1
Inzu iherereye ku mupaka wa Rusumo yubatswe ku bufatanye bw'abikorera
Ibitaro bya Kirehe Kirehe biri mu byubatswemo inzu zigeretse zirimo iyubatswe bwa Mbere mu myaka ya 2006 ku bufatanye na Partners In Health n'indi iherutse kuhuzura muri 2025 yo yubatswe binyuze mu mushinga Jyambere wo muri Minisiteri ishinzwe ibikorwa by'ubutabazi
Ku Rusumo, ku mupaka w’u Rwanda na Tanzania ni ho hari n'izi nyubako zigize isoko mpuzamipaka rya Rusumo Cross Border Market

Imyubakire n’imiturire mu Karere ikomeje kugenda itera imbere, bitewe n’ingamba zafashwe zo kunoza imiturire hakurikijwe igishushanyombonera cy’imikoreshereze y’ubutaka 2023-2050. Abubaka bakurikiza ibiteganwa n'igishushanyombonera, bijyanye n'icyerekezo cy'Igihugu. 

Mu mpera y'uko uyu mwaka wa 2025 urangira, twasuye tunafata amafoto ya zimwe mu nyubako zubatswe ku buryo zigeretse, n'izindi zikomeza kubakwa biri muri gahunda yo kugira imyubakire iteye imbere nk’umujyi uri mu yunganira Umujyi wa Kigali.

Muri izi nzu zigeretse, za Etaje ziri mu Karere kacu harimo iz’abantu ku giti cyabo, n’izubatswe ku bufatanye bw’abantu bihurije hamwe, inyinshi muri zo zikaba zikorerwamo ibikorwa by’ubucuruzi.

Izi nyubako zubatse mu buryo bwa Etage sizo zonyine ziri mu karere kacu, hari n'izindi nubwo izo ari zo twafatiye amafoto; kandi nk'uko biri mu cyerekezo cya Leta abubaka bose basabwa kubahiriza igishushanyombonera cy'imiturire n'imikoreshereze y'ubutaka; no kubaka ari uko bahawe uruhushya rwo kubaka.