Kwizihiza umunsi w’Intwari z’igihugu wahujwe n’inama ya Komite Mpuzabikorwa y’Akarere

Kuri uyu wa kabiri tariki ya 01 Gashyantare 2022, Kimwe n’ahandi mu gihugu  mu karere ka Kirehe  hizihirijwe umunsi Mukuru w’Intwari, wari ifite insanganyamatsiko igira iti: “Ubutwari mu Banyarwanda, agaciro kacu”,ni umunsi mukuru wo gukomeza kuzirikana no guha agaciro intwari z’Igihugu, ni umunsi wahujwe n'inama ya Komite Mpuzabikorwa wakozwe hubahirijwe amabwiriza yo kwirinda COVID-19, kandi abayitabiriye bose babanza kwipimisha  no kuba barikingije nibura inkingo  ebyiri.

Nk’uko biteganywa n’Ingingo ya 139 y’Itegeko NO 87/2013 ryo kuwa 11/09/2013 rigena imitunganyirize n’imikorere y’inzego z’imitegekere y’Igihugu zegerejwe abaturage, inama ya Komite Mpuzabikorwa itumizwa kandi ikayoborwa n’Umuyobozi w’Akarere, Inyandikomvugo ihabwa Guverineri, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu na Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere akagenerwa kopi.

 Urwego ruhawe inyandikomvugo rushobora kuyitangaho inama y’uko ibyemezo byafashwe muri iyo nama byashyirwa mu bikorwa. Iyi nama iterana buri mezi atandatu.

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe Bwana Rangira Bruno yahaye ikaze abantu bitabiriye uyu munsi w’Intwari z’igihugu n’inama ya Komite Mpuzabikorwa ashimira abawitabiriye ababwira ko ubufatanye ari byo byerekana iterambere ry’Akarere.

Umuyobozi w’Akarere akaba yaragejeje ku bitabiriye umunsi mukuru wahujwe n’Inama Mpuzabikorwa ishusho y’imihigo y’Akarere 2021-2022 abibutsa ko kwesa imihigo ari ubufatanye bw’abaturage n’inzego zose akab yarabagejejeho n’ibikomeje gukorwa mu rwego rwo gukomeza kurwanya icyorezo cya Koronavirusi.

Muri ibi  birori byo kwizihiza umunsi Mukuru w’Intwari z’Igihugu n'inama ya Komite Mpuzabikorwa Depite Emma Furaha Rubagumya  mu kiganiro yatanze yabwiye abitabiriye ko ubutwari  bw’Abanyarwanda ari umurage w’abakurambere abariho ubu n’abazabakomokaho basabwa kwiyemeza gukomeza, yabibukije kurangwa n'indangagaciro y'ubutwari no gukunda igihugu,Yabwiye abayobozi bitabiriye gufatanya n'abaturage mu iterambere ry'Akarere no gushyira mu bikorwa ibiteza imbere abaturage.

Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere Prof. Dr. Kabera Callixte yabwiye abitabiriye uyu munsi ko bibuka bakanazirikana ibikorwa byiza byaranze Intwari z’igihugu no guharanira no guharaniora gutera ikirenge mu cyabo kuko berekanye urugero rwiza bityo ko buri wese akwiye guharanira ibikorwa by’ubutwari.

Muri uyu munsi mukuru abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge n’abahahagarariye urubyiruko rw’abakorerabiushake basinye imihigo imbere y’umuyobozi w’Akarere hamwe na Perezida w’inama Njyanama y’Akarere.

Imihigo basinywe ikubiyemo ibikorwa bitandukanye bigamije kurengera abana, gukumira no kurwanya indwara ziterwa abana, kurwanya imirire mibi n’igwingira mu bana,kugarura abana mu ishuri, Gukura abana mu buzererezi no kubarinda imirimo ivunanye.

Imihigo yo kurwanya ubukene, ikubiyemo ibikorwa bitandukanye bigamije gufasha abaturage kwikura mu bukene, gukangurira abaturage kwibumbira mu matsinda yo kwiteza imbere no kuzigama; kwigisha imyuga urubyiruko no kubafasha kwibumbira mu matsinda.