HABAYE IGIKORWA CYO KWIBUKA ABANA N'ABAGORE BAZIZE JENOSIDE YAKOREWE ABATUTSI
Kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Kamena 2025, mu Karere kacu habaye igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Mu gikorwa cyabereye mu Murenge wa Gatore, hibutswe abana n'abagore bishwe bazize Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ni igikorwa kitabiriwe n'abagize Komite nyobozi, inzego z'umutekano, imiryango y'abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi bafite ababo twibuka, abandi bayobozi mu nzego zitandukanye, abafatanyabikorwa n'abaturage muri rusange. Cyabimburiwe n'urugendo rwo kwibuka, gikomereza ku gushyira indabo ahakuwe imibiri (ku muringoti) i Gatore. Ubu iyo mibiri ikaba yarimuriwe mu rwibutso rwa Jenoside rwa Kirehe i Nyakarambi aho yashyinguwe mu cyubahiro.
Abayobozi n'inzego z'umutekano bashyize indabo ahakuwe iyo mibiri, hafatwa umwanya wo kubibuka no kubunamira, mu rwego rwo gukomeza kwibuka no gusigasira amateka yaranze Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Ubu ahakuwe iyo mibiri hubatswe uruzitiro hanaterwa indabo kugira ngo amateka yaho atazasibangana.
Muri iki gikorwa cyo kwibuka abana n'abagore, Umuyobozi w’Akarere Bwana Rangira Bruno yihanganishije abarokotse, ababwira ko Jenoside itazongera ukundi. Yavuze ko ubwicanyi bwakorewe abana n'abagore ari ikimenyetso kigaragaza ko habayeho Jenoside mu 1994, yakoranywe ubugome ndangakamere.
Umuhuzabikorwa w’inama y’Igihugu y’abagore mu Karere Madame Mukaneza Pelagie, yavuze ko kwibuka ari umwanya abarokotse Jenoside bongera kwibuka cyane no kwegerena n'ababo babuze; na we ashimangira ko Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yateguwe itabaye nk'impanuka.
Perezida wa IBUKA mu Karere Bwana Nduwimana Bonaventure yasabye abarokotse Jenoside kudaheranwa n'agahinda, avuga ko kwibuka nk’abanyarwanda ari umwanya wo kongera gutekereza ku nzira y’umusaraba abantu banyuzemo bagakomezanya mu buzima no kuba hafi abanyuze muri iki gihe kibi.