Gahunda yo gutera imiti yica imibu mu ngo mu Karere ka Kirehe yatangiye

Abakora igikorwa cyo gutera umuti urwanya umubu

Kuri uyu wa mbere tariki ya 18/09/2017 mu Karere ka Kirehe mu murenge wa Gatore hatangijwe igikorwa cyo gutera umuti wica imibu mu nzu z'abaturage,biteganyijwe ko mu minsi 20 kizamara hazaterwa mu ngo zigize Akarere ka Kirehe.

Umwaka ushize wa 2016 iki gikorwa cyakozwe mu kwezi kwa Nzeri,ibitaro bya Kirehe bitangaza ko mbere aka Karere Kari mu turere icumi tuzahazwa na marariya aho hafi 190 ibuhumbi byagaragayeho malaria mu mwaka wa 2016 ariko ubu hari ibihumbi 40.

 Dr. Faustin Magloire Kitungire ushinzwe ubuvuzi mu bitaro bya Kirehe avuga ko iyi ari indwara yibasira cyane abana bari munsi y'imyaka itanu kimwe n'abagore batwite. 

Gusa mu kwezi kwa gatanu n'ukwa gatandatu ikibare y'abarwayi ba malaria yarasamutse biturutse mu nkambi ya Mahama icumbitsemo Abarundi ariko ku bw'ingamba zafashwe Iyi mibare yaragabanutse iva ku bihumbi hafi 12 igera ku 1406 .

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Mukandarikanguye Gerardine akaba yibutsa abatuaye Akarere ka Kirehe kwitabira iki gikorwa mu rwego rwo gukomeza kurwanya marariya,akaba kandi asaba abaturage gukomeza kwita ku kurwanya ahari ibihuru n’ahashobora kureka ibiziba hafi y’amazu batuyemo.

Mu rusange abaturage barishimira ko iki gikorwa kije mu gihe imvura itangiye kugwa ari nabwo imibu igiye kororoka.