Abasenateri bashimye imikorere ya DASSO mu Karere ka Kirehe
Abasenateri bashimye imkorere y’urwego rwa DASSO mu Karere ka Kirehe kuri uyu wa 03/05/2018 aho bavuze ko bigaragara ko ari urwego rumaze kwiyubaka n’ubwo rumaze igihe gito ugereranije n’inshingano zabo zo kuzuzanya n’izindi nzego mu bikorwa byo gucunga umutekano w’abaturage.
Abo basenateri bakaba baraganiriye n’inzego zitandukanye ku birebana n’imikorere n’urwego rwa DASSO, uko rwiyubatse nyuma y’imyaka igera kuri ine ishize rugiyeho, bashaka kumenya uko ikora n’ibibazo birimo, bagamije gusuzuma ibyo bibazo n’uburyo bagira inama inzego uko byakemuka.
Rugema Mike ni umusenateri yavuze ko bazabasabira ko bazajya bahugurwa nyuma y’igihe kuko bifasha na wa wundi ushobora kuba yatana, cyane ko hari nk’abaherutse nk’abirukanwa kubera amakozsa bakoze nyamara batari bamenye ko icyo bakoze cyabaviramo kwirukanwa
Mu rwego rwo gufasha Urwego rwa Dasso gukomeza kwiyubaka ngo bakore akazi ko gucunga umutekano mu buryo bwa kinyamwuga, ubuyobozi bw’Akarere buvuga ko byibura buri mwaka abagize DASSO bakwiye kujya bagenerwa amahugurwa agamije kubahwitura no gutuma abakozi ba DASSO badatana ahubwo barusheho gukora akazi kabo neza, kuko ngo nabo ari abantu kuko hari abashobora kugira imyitwarire itari myiza.
Nyuma yo kugirana ibiganiro n’Abasenateri aribo Rugema Mike na Uyisenga Charles itsinda ry’abo bakaba baraganirije n’abatuye mu murenge wa Gatore iyo ngingo y’imikorere ya DASSO n’uburyo Polisi y’igihugu ikorana nabo.